Ikipe ya Rayon Sports yatandukanye n’uwari umutoza wayo Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa ku bwumvikane bw’impande zombi.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werururwe 2026, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo Rayon Sports ni bwo yatangaje ko yatandukanye n’umutoza wayo mukuru Bruno Ferry, ku bwumvikane bw’impande zombi.
Uyu mutoza atandukanye na Rayon Sports ayimazemo amezi atatu kuko mu Ukuboza 2025 ni bwo yatangajwe nk’umutoza mukuru w’iyi kipe aho yari asimbuye Afhamia Lotfi, wari umaze igihe yirukanwe muri Rayon sports.
Bruno Ferry w’imyaka 58 atandukanye na Rayon Sports ayisize ku mwanya wa Gatanu n’amanota 39 ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona ndetse akaba asize amaze no kuyihesha itike ya 1/2 y’igikombe cy’amahoro mu buryo bugoranye cyane kuko byasabye ko batera penalite mu mukino bari bamaze kunganya ubu ku busa na Police FC maze bakayisezerera kuri penalite.
Abantu benshi bakomeje kwibaza ku mutoza uza gusimbura uyu Bruno Ferry watandukanye na Rayon Sports mu gihe shampiyona ibura amezi make ngo irangire.
Rayon Sports isigaranye umukoro ukomeye wo gushaka umutoza ukomeye uzayifasha kwigarurira icyubahiro cyayo yahoranye cyo gutwara ibikombe ndetse no gusohokera igihugu mu mikino Nyafurika.
Mu gihe ubuyobozi bw’iyi kipe butari bwatangaza umutoza mushya Rayon Sports yasigaranwe na Lomami Marcel wari umutoza wungirije, umutoza w’abanyezamu Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, n’uwongerera imbaraga abakinnyi Mwambali Serge.
Iyi kipe abakunzi bayo batazira Murera, Isaro ry’Inyanza nandi mazina izagaruka mu kibuga ku Cyumweru ikina umukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona aho izaba yakiriye Gasogi United kuri Sitade Amahoro.
