Karongi:Uwakoze Jenoside yafashwe nyuma y’imyaka 19 yihishahisha hirya no hino

Uwimana Tarcille w’imyaka 52, wahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi akanakatirwa n’Inkiko Gacaca yatawe muri yombi n’Inzego z’Umutekano nyuma yo kumara imyaka 19 yihishahisha.

Uyu Mugore yafashwe ku wa 14 Mata 2026, yafatiwe mu Mudugudu wa Ngoma, Akagari ka Gitega Umurenge wa Rugabano Akarere ka Karongi akaba yarafaswe n’inzego z’umutekano ku bufatanye n’inzego z’ibanze zo mu Karere ka Karongi.

Ni nyuma y’aho umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri uwo Murenge yegereye Perezida wa IBUKA , Habakurama Samuel, akamubwira ko Uwimana Tharcille yagarutse mu Murenge wa Rugabano.

Uwimana Tharcille mu 2007 yakatiwe imyaka 19 n’Urukiko Gacaca rwa Ngoma, akatirwa imyaka 25 n’Urukiko Gacaca rwa Mbogo arongera akatirwa imyaka 25 n’Urukiko Gacaca rwa Gitega.

Uyu mugore wagaragaye mu bitero byishe Abatutsi mu Murenge wa Rugabano, nyuma yo gukatirwa n’inkiko Gacaca yahise atorokera mu Ntara y’Iburasirazuba akajya ajya mu Rugabano rimwe na rimwe.

Habakurama Samuel mu kiganiro yagiranye na IGIHE dukesha aya makuru yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba ko uwo baba bazi wagize uruhare muri Jenoside bagomba gutanga amakuru agakurikiranwa.

Ati “Tunasaba abaturage muri rusange kwirinda gukomeza guhishira, ahubwo bagatanga amakuru kugira ngo abagize uruhare muri Jenoside bahanwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Umuhoza Pascasie yavuze ko nyuma yo kubona ko muri aka Karere hakiri abakatiwe n’Inkiko Gacaca batorotse ubutabera, bashyize imbaraga mu kubashakisha.

Ati “Mu 2023/2024 hafashwe 16, mu 2024/2025 hafashwe 72, uyu mwaka turimo 2025/2026 tumaze gufata 36 n’uyu wo muri Rugabano wa 37.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *