Kuri uyu wa Gatanu Police FC irakira APR FC mu mukino w’Umunsi wa 21 wa shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda.
Ni umukino ukomeye uhuza amakipe y’abashinzwe umutekano ibi bituma nawo uba ari Derby y’umutekano aho usanga amakipe yombi yakaniye ku mpande zombi ndetse n’abakinnyi usanga baramaze gusobanukirwa agaciro k’uyu mukino.
Uyu mukino w’ishyiraniro uraza gusifurwa n’abasifuzi bakomeye aho baza kuba bayobowe n’umusifuzi wo mu kibuga hagati Ishimwe Jean Cloude uzwi ku izana rya Cucuri, umusifuzi wa mbere w’igitambaro araba ari Mutuyimana Dieudone, umusifuzi wa kabiri araza kuba ari Nsengiyumva Jean Paul, umusifuzi wa Kane araba ari Irafasha Emmanuel naho komiseri w’umukino araba ari Ndagijimana Theogene.
Aya makipe yombi agiye guhura APR FC iri ku mwanya wa kabiri k’urutonde rwa gareganyo rwa Shampiyona n’amanota 38 naho Police Fc ari iya Kane n’amanota 34. Uyu mukino uteganyijwe ko uza kuba saa (15:00Hrs) kuri Kigali Pele Stadium.
