Angola yatanze itariki ntarengwa yo guhagarika imirwano hagati ya RDC na AFC/M23

Perezida wa Angola João Lourenço yasabye Leta ya RDC na AFC/M23 guhagarika imirwano bitarenze tariki ya 18 saa sita z’amanywa.

Ibi bikubiye mu itangazo ryasohowe n’ibiro bya Perezida wa Angola, ariko muri iri tangazo ntakwezi kugaragaramo kwo guhagarika iyi mirwano ahubwo ikigaragara ni uko imirwano igomba guhagarara bitarenze tariki ya 18 saa sita z’amanywa gusa, gusa bimwe mu b’itangazamakuru bikomeye byo muri Angola birimo icyitwa Angola24 hours gitangaza ko ari tariki 18 z’uku kwezi turimo.

Angola ivuga ko yasabye ibi bivuye ku nama yo kuwa mbere i Luanda yahuje perezida João Lourenço watumiye bagenzi be Faure Gnassingbé wa Togo, Félix Tshisekedi wa DR Congo na Olusegun Obasanjo ukuriye itsinda ry’abahuza ryashyizweho n’Ubumwe bwa Afurika kuri iki kibazo.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ibiro bya perezida wa Angola bivuga ko bisaba iriya tariki yo guhagarika imirwano biturutse ku byavuye muri iriya nama “hamwe no kuvugisha impande bireba”.

Leta ya Kinshasa cyangwa M23 ntacyo baravuga kuri ubu busabe bwa perezida wa Angola. BBC yasabye impande zombi kugira icyo zibivuzeho.

Ibiro bya perezida wa Angola bivuga ko bitegereje ko impande zombi “zemera kumugaragaro iyi tariki y’ubu busabe”.

Hagati aho, imirwano muri Kivu y’Epfo hagati y’ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo zirwana n’umutwe wa Twirwaneho ukorana na M23 yarakomeje muri iki cyumweru mu duce dukikije Minembwe Centre, agace ingabo za leta zivuga ko zishaka kwisubiza.

Naho muri Kivu ya Ruguru ho muri iki cyumweru havuzwe ibitero by’indege za ‘drones’ z’ingabo za leta mu duce twa Walikale ahagenzurwa n’inyeshyamba za M23.

N’ubwo imirwano ikomeje mubice bitandukanye bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ihuriro AFC/M23 rikomeje kugenzura ibice ryafashe birimo umujyi wa Goma, Bukavu, santere ya Kamaniola n’ahandi henshi hatandukanye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *