Umunyamakuru Leonidas Ndayisaba umaze kwandika izina rikomeye mu itangamakuru rya siporo yerekeje kuri Radio&tv10.
Ni amakuru yatangiye gucicikana kuri iki cyumweru nyuma yuko uyu munyamakuru asezeye abo yakoranaga nabo kuri Isibo Radiyo mu kiganiro cya Isibo sports.
Mu minsi ushize ni bwo Radio&tv10 yatandukanye na Ngabo Robern wari umaze guhabwa imirimo mishya mu ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) benshi bagiye bibaza ku musimbura we bamwe ugasanga barimo baratekereza abanyamakuru batandukanye, kuri iki cyumweru ni bwo byaje kumenyekana ndetse binemezwa ko uyu munyamakuru yamaze kwerekeza kuri iyi Radiyo ifite agahigo ko kuba ariyo Radiyo ya mbere yageze mu Rwanda yigenga.
Uyu munyamakuru umaze igihe kinini mu itangazamakuru rya siporo, yakoze ku bitangaza makuru bitandukanye nka Radiyo Salusi yatangiriyeho umwuga we w’itangazamakuru mu 2008 akaba yarahavuye yerekeza kuri City Radio yahavuye yerekeze kuri Voice of Africa ho yavuye yerekeza ku Isango Star yahavuye yerekeza kuri Flash FM yavuyeho mu mpera za 2024 yerekeza ku Isibo Radio.
Ndayisaba Leonidas amaze kugira uburambe mu mwunga w’itangazamakuru kuko amazemo imyaka 18 ndetse akaba amaze no kwigarurira imitima y’abantu benshi ndetse bamwe bakamukundira uburyo agira urwenya rwinshi.