Indege yakoze impanuka yasaga nk’ikomeye ariko abantu bose bavamo bemye.
Abantu 55 bari mu ndege yo muri Somalia barokotse impanuka ikomeye yabaye kuri uyu wa Kabiri, ubwo iyo ndege yarengaga umuhanda ikagwa ku nkombe y’inyanja y’u Buhinde. Muri abo harimo abagenzi 50 n’abakozi 5, bose bakaba babashije kurokoka ku bw’amahirwe.
Iyo ndege yari ihagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Mogadishu, ariko igaragaza ikibazo cya tekiniki mu rugendo rwayo. Abapilote bahise bafata icyemezo cyo gusaba gusubira ku kibuga kugira ngo bakemure icyo kibazo.
Igihe yageragezaga kugaruka, indege yarenze umuhanda w’indege, ikomeza ikagwa ku nkombe y’inyanja iri hafi y’ikibuga. Nubwo impanuka yari ikomeye, nta muntu waguyemo, ibintu byafashwe nk’amahirwe akomeye.